...«Iyaba nari mbonye uwo nihera iyi zahabu yose akanyisubiriza ibijumba n'amazi byanjye nagayaga. Mbaye nka wa wundi ngo wabonye isha itamba agata n'urwo yari yambaye!
Nagatangaye data uwo muntu wangiriye impuhwe! Ntiwari umugisha wari rugurumira!»
Nuko akiri muri ibyo, ariko atarabona umusubiza, arakanguka maze asanga yarotaga, ati «mbega amahirwe, bya bindi byose ni inzozi! Imana irakarama! Sinzongera kurarikira ibyo ntashoboye kubona, ahubwo nzatungwa na duke twanjye.»
Si Njye wahera hahera umugani.
Byakuwe: Ikigo cy'igihugu gishinzwe integanyanyigisho,Gusoma umwaka wa 5, Icapiro ry'amashuri-Kigali 2004, PP.55-56; Igitabo wagisanga muri Librairie Caritas-Kigali n'ahandi hagurishirizwa ibitabo mu Rwanda.